« Iyo muba ab’isi, ab’isi baba babakunze. Ariko kuko mutari ab’isi, ahubwo nabatoranyije mu b’isi, ni cyo gituma ab’isi babanga. » (Yohana 15:19)
Umukristo ahamagarirwa kuba mu isi, ariko ntagomba kubaho akurikiza gahunda n’imitekerereze by’iyi si.
Igihe Yesu yavugaga « isi, » ntiyavugaga isi Imana yaremye cyangwa abantu Imana ikunda, ahubwo yavugaga gahunda y’isi irwanya Imana; aho ikinyoma gihabwa agaciro kuruta ukuri, ubwibone bugasimbura kwicisha bugufi, ishyari rikangiza umubano, ruswa igafatwa nk’ibisanzwe, kandi buri wese akirwanaho ashaka inyungu ze bwite.
Kubaho muri iyi si utari uw’isi ni uguhitamo kubaka ubuzima bwawe ku rukundo, ukuri, gukiranuka, kubabarira, imbabazi n’ubutungane.
None se, twabaho dute muri iyi si tutayigana?
Bibiliya iratwigisha iti: « tubashishwa n’Imana. » (2 Abakorinto 3:5)
Intumwa Pawulo na we aravuga ati:
« Nshobozwa byose na Kristo umpa imbaraga. » (Abafilipi 4:13)
Uwahaga Pawulo imbaraga ni we Yesu Kristo uduha imbaraga na n’uyu munsi.
Ku bw’ubuntu bwe, adushoboza kuba muri iyi si tutayigana kandi tutigana imyitwarire yayo.
Yesu yaravuze ati:
« Ni jye muzabibu, namwe muri amashami… nta cyo mubasha gukora mutamfite. » (Yohana 15:5)
Igihe cyose tugumye muri Kristo, ubuzima bwe buhindura ubuzima bwacu.
Ntidusubiza urwango ku rwango, ikinyoma ku kinyoma cyangwa ikibi ku kibi. Ahubwo tugaragaza imico ya Yesu Kristo.
Ubwato bwagenewe kugendera ku mazi, ariko burarohama iyo amazi abwinjiyemo. Ni na ko Imana yadushyize muri iyi si kugira tube umucyo wayo, ariko ntishaka ko gahunda n’imitekerereze by’iyi si byinjira mu mitima yacu.
Ntitwemere rero ko urwango, ruswa, ubwibone cyangwa kwifatanya n’ibibi ari byo bihindura imibereho yacu. Ahubwo tugume muri Kristo, tuyoborwe n’Umwuka Wera kandi tube abahamya b’indahemuka b’Ubwami bw’Imana.
Isi ntikeneye abakristo basa na yo; ikeneye abigishwa basa na Yesu Kristo.
ISENGESHO:
Data wo mu ijuru, rindira umutima wanjye kugira ngo indangagaciro z’iyi si zitawutegeka.
Mfasha kuguma muri Yesu Kristo kugira ngo ubuzima bwanjye bugaragaze urukundo rwawe, ukuri kwawe n’ubutungane bwawe. Ungire umucyo uguhesha icyubahiro aho nzajya hose.
Mu izina rya Yesu Kristo. Amen.
Shalom!
Intumwa Dr Jean-Claude SINDAYIGAYA
