SHAKISHA AHARI UBUZIMA

Hari ibihe, n’ubwo twitangira, tukihata, tukihangana, nta kintu gitera imbere.
Dukora uko dushoboye, tugakomeza, tugafata mu buryo bwacu… ariko umwanya urafunga,
ubucuti buracogora, amahirwe arashira, ibyatugaburaga bigahinduka ibitugondesha.

Ibyo si ugutsindwa buri gihe.
Hari igihe Imana ifunga urugi kugira ngo irufungurire ahandi.
Hari ubwo Umwuka avuga mu mutima ati:
“Aha warangije inshingano yawe. Noneho shakisha ubuzima ahandi.”

Ibyo ni byo byabaye kuri Isaka muri Intangiriro 26.
Yaracukuye iriba ngo ahabe: baramwirukana.
Acukura irindi: bararimwambura, bararirwanira.
Nta cyo yabonaga.
Ariko Isaka ntiyahatirije kuba ahari hapfuye.
Yarahagurutse. Arimuka. Agerageza ahandi.

Amaherezo agera ahantu ingorane zihagarara.
Aharoncye irindi riba, maze amazi aradudubiza —
ikimenyetso cy’ubuzima, umugisha n’umwuka mushya.

Isaka ahita yita aho hantu Rehovoti (bigasobanura ’ahagutse’), aravuga ati:
“Noneho Uhoraho adushyize ahagutse, kandi twasaruye imbuto zo muri iki gihugu.”
(Intangiriro 26:22)

Rehoboti: ahantu hari umwanya w’ubuzima.
Aho Imana ifungura.
Aho ubuzima busubira.

Ibyo tubibona no muri Luka 5.
Bamaze ijoro ryose bafata ubusa.
Ariko Yesu arababwira ati:
“Tera inshundura hakurya.”
Barumvira — ubuzima buraza,
ahantu hamwe, igihe kimwe, ariko mu cyerekezo gishya.

Isomo Ry’ingenzi:
Ibyananiranye aha bishobora gutera imbere ahandi hatandukanye.
Umugisha si ukwitanga gusa,
ni ahantu Imana ishaka ko uba.

Hari igihe Imana itavuga iti: “Gerageza cyane.”
Ahubwo ikavuga iti: “Gerageza ahandi.”

Isaka ntiyatorotse.
Yumviye icyerekezo cy’Imana.
Yasobanukiwe ko icyari cyiza ejobundi, gishobora kuba kitagifite ubuzima uyu munsi.

Ntukazihambire ku cyapfuye.
Ntukahagume kubwo gutinya gutungura abantu cyangwa kubatenguha— gutinya kunanirwa, gutakaza, cyangwa gutangira bundi bushya.
Shakisha ahari ubuzima.
Shakisha aho amahoro ahumeka.
Gana aho ubuntu bubisikana.
Gana ahantu Imana igutegereje.

Rehoboti yawe irahari.
Ishobora kuba ahandi hantu, ibindi bihe, ubundi buryo bwo gukora —
cyangwa aho uri nyine, ariko mu rundi ruhande.

ISENGESHO:
Mwami, mfungurira amaso igihe ufunze igihe cyanjye.
Mpa ubutwari bwo kugana aho uhumeka, amahoro yo kuva aho ubuzima bwashize, n’ukwizera ko nzakurikirana aho unshoboza.
Nyobora kuri Rehoboti yanjye:
ahari ubuzima, aho uri.
Amen.

Intumwa Dr Jean-Claude SINDAYIGAYA

Laisser un commentaire

Votre adresse e-mail ne sera pas publiée. Les champs obligatoires sont indiqués avec *