Nta kintu cy’agaciro nk’umudendezo…
ariko kandi nta kintu kigora nko kuwitwaramo neza.
Kuva ku iremwa, Imana yahaye umuntu impano idasanzwe: ubushobozi bwo kwihitiramo.
Ntiyamuremye nk’imashini, ahubwo yamuremye afite ubushobozi bwo guhitamo, gukunda no kumvira.
Imana yamuremye afite umudendezo, ariko anafite inshingano zo kuwitwaramo neza.
Kuva ku ntangiriro, ikibazo carigaragaje.
Uhoraho Imana yategetse umuntu, ati:
«Igiti cyose cyo muri ubu busitani, ushobora kukiryaho; ariko igiti cy’ubumenyi bw’icyiza n’ikibi ntuzakiryeho.» (Intangiriro 2:16–17)
Adamu yari afite umudendezo. Yari yemerewe byose… usibye ikintu kimwe: kurya ku mbuto yabujijwe.
«Umugore arareba asanga cya giti kiryoshye, kinogeye amaso, kandi cyanashobora gutanga ubwenge. Asoroma imbuto zacyo, aryaho, ahaho n’umugabo we bari kumwe. Na we ararya.» (Intangiriro 3:6)
Ni uko yahisemo gukoresha umudendezo we arwanya Imana, aho kuwukoresha ari kumwe n’Imana.
Umudendezo utarimo kwiyubaha no kumvira uhinduka umuryango ufunguriwe ubugome.
Kuva icyo gihe, amateka y’abantu arisubiramo: abantu bakitiranya umudendezo no kwigomeka.
Ariko Bibiliya iratuburira:
«Gusa rero ubwigenge ntibukabere umubiri urwitwazo.» (Abanyagalati 5:13)
Bibiliya itwereka ko ikibazo atari umudendezo, ahubwo ari uko tuwitwaramo.
««Byose mbifitiye uburenganzira »; nyamara byose ntibimfitiye akamaro. « Byose mbifitiye uburenganzira »; yee! ariko jye sinzemera ko hagira ikintu na kimwe kinziga. »»
(1 Abanyakorinti iya 1 6:12)
Kumenya kwitwara neza mu mudendezo ni ukumenya kuwugenera Imana, kuko umudendezo nyakuri atari ugukora ibyo ushaka byose, ahubwo ni uguhitamo ibishimisha Imana.
Yesu ubwe yaduhaye urugero rwiza rw’umudendezo ugenzuwe:
«Mpora nkora ibimunyura.» (Yohani 8:29)
Bibiliya yigisha ko umudendezo ubona uburinganire mu kumvira, kandi ugatekana mu Ijambo ry’Imana:
«Nimukomera ku ijambo ryanjye muzaba mubaye abigishwa banjye by’ukuri. Kandi muzamenya ukuri, maze ukuri kubahe kwigenga.» (Yohani 8:31–32)
Umudendezo utari mu kuri urabohesha.
Umudendezo uri mu kuri urabohora by’ukuri.
ISENGESHO
Mwami, nyigisha kwitwara neza mu mudendezo wampaye, kugira ngo uguheshe icyubahiro. Amen.
Intumwa Dr Jean-Claude SINDAYIGAYA
