KUGIRA UBUHAMYA BWIZA

Hari ukuri kw’umwuka dukunze kwibagirwa: uko tubaho uyu munsi ni byo Imana izakoresha ejo.

Hari igihe dukora ibyiza, tugafasha, tukababarira, tugakunda by’ukuri… ariko ntihagire ubibona.

Rimwe na rimwe n’abo twafashije baratwibagirwa.
Ibyo bishobora kuduca intege. Ariko Ijambo ry’Imana riraduhumuriza riti:
“Imana rwose ntirenganya, ntishobora kwibagirwa umwete wanyu n’urukundo mwagaragarije izina ryayo, mufasha abatagatifujwe nk’uko n’ubu mukibikomeje.” (Abahebureyi 6:10)

Abantu baribagirwa,
igihe kirahita,
ariko Imana ntiyibagirwa ibyiza byakozwe.
Igikorwa cyose cyiza, ijambo ryose ry’urukundo, igikorwa cyose cy’amahoro, Imana iragibika.

Gukora ibyiza ni nko kubiba imbuto.
Imbuto ntimera uwo munsi ibibwe. Imara igihe itagaragara mu butaka, ituje… ariko iriho. Hanyuma umunsi umwe ikamera, ikera imbuto.

Ni ko byagendekeye Moridekayi. Yakijije umwami, ariko ntiyahise ahabwa icyubahiro.
Ariko igihe cy’Imana kigeze, igikorwa cye cyaributswe, kiba umuryango w’icyubahiro cye (Esteri 6).

Ibyiza yakoze byasaga n’ibyibagiranye, ariko byari bitegereje igihe cy’Imana.
Ubuhamya bwiza bukora no mu mitima y’abantu.
Imana ishobora gukora ku mutima w’umuntu, akibuka icyo wamukoreye, akavuga ati:
“Uyu muntu yangiriye neza.”
Ubuhamya bwawe bukakuvuganira, n’iyo waba udahari.

Iyo nyibutsa ishobora guhinduka isoko y’umugisha, uburinzi cyangwa ubuntu.
Ubuhamya bwiza bukora ku mitima, kuko Imana ifite uburyo budasanzwe bwo gukora.

Dawidi yarabibonye.
Nubwo Sauli yamwangaga, Dawidi yanze kumugirira nabi.
Nyuma Sauli ubwe aravuga ati:
“Hanyuma abwira Dawudi, ati «Urandusha ubutungane kuko wangiriye neza, kandi jye narakugiriye nabi.” (Icya mbere cya Samweli 24:18).

Gukiranuka kwa Dawidi kwakoze ku mutima we.
Ubuhamya bwiza bushobora no koroshya umutima w’umwanzi.
Nuko rero dukomeze gukora ibyiza no mu ibanga, tugumane umutima ukiranuka n’iyo batadushimira, kandi twange ko ububi bw’abandi buduhindura.

Umunsi umwe tuzakenera umuryango, kandi Imana izakoresha ubuhamya bwacu kuwudufungurira.

Ubuhamya bwiza ntibutakara: ni ijwi rituje uyu munsi, ariko rikomeye ejo.

ISENGESHO:
Mwami Mana, mpa umutima ukunda gukora ibyiza no mu ibanga.
Mfasha kubaho ubuzima butanga ubuhamya bwiza.
Kandi igihe nzakenera ubutabazi, ibuka ibyiza nabibye, ukore ku mitima, ubuhamya bwanjye bunvuganire.
Amen.

Intumwa Dr Jean-Claude SINDAYIGAYA

Laisser un commentaire

Votre adresse e-mail ne sera pas publiée. Les champs obligatoires sont indiqués avec *